NTIMUKURIKIRE IZO MPUMYI Z'ABAYOBOZI by,URIHO Samuel

2 years ago
21

Mu bihe bitari bimwe Imana yakomeje kumenyesha
abantu ubutumwa buhwanye n’igihe bagezemo. Ukuri
kwahishwe abanyabwenge bo mu isi, kumenyeshwa
abicisba bugufi. Iyo umurimo ugitangira urwanywa na
benshi, ukinjirwamo na bake. Ab’isi barabasuzugura
bakabakerensa. Ibuka igitekerezo cya Yohana Mubatiza
ahagaze wenyine acyaha kwirata kw’ishyanga ry’Abayuda.
Ibuka uburyo umurimo w’abakozi b’amahema babiri, Paulo
na Sila wakerenshejwe ubwo bashakaga kwambukira mu
bwato bava i Tiroa bajya i Filipi kuvuga ubutumwa mu
Burayi. Reba "Paulo umusaza" Filimoni 9, ari mu
minyururu afungiwe mu bihome byo kwa Kayisari. Reba
imbata n’abakene baremerewe n’agahato k’ubutegetsi
bw’Abaroma. Reba Luteri ari mu ruhando n’itorero
33
ry’ikigogoro ku isi ryizera ko rifite ukuri n’ubwenge, ariko
agahangara kuvuga ati, "Dore mpagaze hano; nta cyo
mbasha guhindura. Mana nyifashiriza." Reba Wesili
(Wesley) abwiriza gukiranuka kwa Kristo mu gihe itorero
ryahakanaga Imana, n’ abantu ari abakristo ku izina kandi
bakunda ibinezeza by’isi.
Abayobozi bakomeye muri iki gihe bashimira cyane
ababibye imbuto z’ukuri mu myaka amagana ishize.
Nyamara se muri iki gihe ntihariho benshi badindiza uko
kuri bakanga ko gukura ngo gusagambe! Nk’uko byari biri
mu bihe bya kera, ubutumwa bw’ukuri bukwiranye n’iki
gihe tugezemo ntibuboneka mu nzego nkuru z’idini,
ahubwo bwamamazwa n’abagabo n’abagore baciye bugufi;
batize cyane ariko bakaba bizera ijambo ry’Imana.
"Ahubwo Imana yatoranije abaswa bo mu isi ngo
ikoze isoni abanyabwenge: kandi yatoranije ibinyantegenke
byo mu isi, ngo ikoze isoni ibikomeye, kugira ngo kwizera
kwanyu kudahagararira ku bwenge bw’abantu, ahubwo mu
mbaraga z’ Imana." 1 Abakor. 1:27; 2:5.

Loading comments...